"Buri wese akwiye kwibera umuyobozi kugira ngo akazi gakorwe neza kandi ku gihe." -Hon. Angelina MUGANZA aganira n'abakozi ba IPRC Kitabi

| Created by Jimmy NSENGIMANA

Kuri uyu wa gatanu, taliki ya 16 Nzeri 2022, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y'igihugu y'abakozi ba leta (National Public Service Commission) Hon. Angelina MUGANZA yagiranye ikiganiro n'abakozi ba IPRC Kitabi ku nsanganyamatsiko igira iti: "Kunoza imicungire y'abakozi, guteza imbere imyitwarire mbonezamurimo no gukora kinyamwuga."

Hon. Muganza yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abakozi ko buri wese akwiye kwibera umuyobozi, ntakorere ku jisho kugira ngo akazi gakorwe neza kandi ku gihe.
Mu ijambo rye, Hon. Muganza yasoje yizeza ubuyobozi bwa IPRC Kitabi ubufatanye n'ubuvugizi ku bijyanye n'imyanya ikeneye gushyirwamo abakozi byihutirwa.

Iki kiganiro kikaba cyitabiriwe n'umuyobozi wa IPRC Kitabi Bwana Richard NASASIRA yifashishije ikoranabuhanga, umuyobozi wungirije w'ishuri n'abakozi bandi, aho bo bari bateraniye mu cyumba cy'inama cy'ishuri bakurikiye imbonankubone iki kiganiro n'ubundi bujyanama bwatanzwe na komisiyo y'igihugu y'abakozi ba leta.

Iki kiganiro kikaba cyarabanjirijwe n’igenzura ku buryo abakozi ba leta bashyizwe mu myanya nyuma y’ivugurura mu nzego za leta ryabaye mu mwaka wa 2020. Iri genzura rikaba ryaratangiye ku italiki ya 12 kugeza ku ya 16 Nzeri, 2022 muri IPRC Kitabi nk’uko bigaragazwa n’ibaruwa iyi komisiyo yandikiye ubuyobozi bw’ishuri.

Hon. Angelina MUGANZA, Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y'igihugu y'abakozi ba leta (National Public Service Commission)

                                                                      Bamwe mu bakozi ba IPRC Kitabi bakurikiye ikiganiro.